Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 07 Mata abapolisi b’u Rwanda aho bari mu mahanga mu butumwa bwo kubungabunga amahoro bifatanyije n’abandi banyarwanda n’abanyamahanga kwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.
Buri mwaka tariki ya 07 Mata abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda ku Isi yose batangira icyumweru cyahariwe kwibuka inzirakarengane z’abatutsi barenga Miliyoni bazize Jenoside yo muri Mata 1994.
Uyu muhango wabaye hazirikanwa ingamba ziriho muri iki gihe zo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya Koronavirusi aho byabaye mu buryo budasanzwe abantu birinda kwegerana ari benshi.
Abari mu butumwa bw’amahoro bakurikiye imihango yo kwibuka ndetse n’ijambo rya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame kuri televiziyo y’u Rwanda aho bari mu mahanga.
Yagize ati:Â “Turimo kwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994. Uyu munsi, twongeye kwiyemeza kurinda abaturage b’abasivili, twirinda ko Jenoside yazongera kuba ahandi ku Isi.
Ati “Ubu turimo kwibuka inzirakarengane z’abatutsi turwanya urwango mu buryo bwose rwagaragaramo. Duterwa imbaraga n’umurava w’abarokotse ubwo bugome ndetse duterwa imbaraga n’umurava w’abakoze uko bashoboye bagahagarika ubwo bwicanyi.”
U Rwanda rufite abapolisi barenga 1000 bari hirya no hino ku Isi aho bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro hirya no hino ku Isi.