Image default
Imyidagaduro

Amateka y’umukinnyi Youri Raffi Djorkaeff wakiniye PSG uri mu Rwanda

Youri Raffi Djorkaeff ari mu Rwanda muri gahunda  ya Visit- Rwanda  k’ubufatanye bw’ikipe ya Paris Saint -Germain yo mu Bufaransa n’ikigo cy’igihugu cy’iterambere RDB.

Youri Raffi Djorkaeff ni umwe mu bihange byamamaye muri ruhago  cyane cyane mu ikipe ya PSG ndetse no mu ikipe y’igihugu y’u Bufaransa ubwo yayifashaga gutwara igikombe cy’isi mu 1998.

Djorkaeff w’imyaka 59 y’amavuko ni umufaransa w’umwimwerere ku babyeyi bombi, yavutse taliki ya 9 Gicurasi 1968, avukira mu mujyi wa Lyon. Arubatse afite umugore witwa Sophie Djorkaeff  n’abana  batatu aribo Sacha,Oan, na Angelica.

Youri Raffi Djorkaeff yabaye icyamamare mu ikipe ya Paris St Germain

Uyu mugabo w’igihangange muri ruhago yabaye umukinnyi mwiza  wo hagati usatira izamu ,yatangiye gukina  umupira w’amaguru  mu makipe y’abana  ariko atangira kumenyekana mu mwaka 1984 ubwo yinjiraga mu ikipe ya Grenoble arigaragaza kugeza 1989 ,icyo gihe yayikiniye imikino 82 ayitsindamo ibitego 23.

Yaje kuva muri iyi kipe mu 1989 yerekeza mu ikipe  Strasbourd yakinnyemo umwaka umwe gusa ahita agurwa n’ikipe ya Monaco yamazemo imyaka itanu agaragaza ubuhanga budasanzwe aho yayikiniye imikino 155 ayitsindamo ibitego 59.

Djorkaeff yavuye mu ikipe ya Monaco yerekeza mu ikipe ya Paris Saint Germain yakinnyemo umwaka umwe gusa ahita yerekeza mu gihugu cy’ubutaliyani mu ikipe ya Inter Milan, nyuma yaho yaciye muyandi makipe atandukanye arimo nka Kaiserslautern, Bolton Wanderers, Blackburn Rovers na New York Bulls yasorejemo umupira w’amaguru mu mwaka 2006.

Youri Raffi Djorkaeff ari mu ruzinduko mu Rwanda

Yanamenyekanye cyane mu ikipe y’igihugu y’ubufaransa yakiniye kuva mu mwaka 1993 kugera muri 2002 aho yakinnye imikino 82 agatsindamo ibitego 28.

Yabaye igihangange cyane  mu mwaka 1998 ubwo yafashaga ikipe y’igihugu y’ubufaransa gutwara igikombe cy’isi  ari kumwe n’abagenzi be batazibagirana nka Barhez,Desailly, Lizarazu, Zinedine Zidane,Thuram,Leboeuf,Petit n’abandi. Akaba kandi yarafashije ubufaransa gutwara igikombe cy’uburayi   “Euro ” cya 2002.

Usibye gukina umupira w’amaguru Djorkaeff yakuze akunda kuzamura impano z’abana bato bifuza gukina ruhago, anagambirira  kuzabikomeza asoje ruhago, yaje kubigeraho ubu akaba yarashinze umuryango witwa Youri Djorkaeff Foundation ufasha abana kuzamura  impano zo gukina umupira w’amaguru ikorera mu mujyi wa New york City muri Leta zunze ubumwe za Amerika.

Youri Raffi Djorkaeff yafashije ikipe y’igihugu y’ubufaransa gutwar igikombe cy’isi cya 1998

Muruzinduko rwe mu Rwanda,yasuye ibice nyaburanga by’igihugu ,ahura n’amakipe y’abana, bikaba biteganyijwe ko azanagirana ikiganiro n’abanyamakuru ku mpamvu ari mu Rwanda n’imishinga ateganya gukora binyuze mu bufatanye bw’ikipe ya PSG na RDB muri gahunda ya Visit Rwanda.

Didas Niyifasha

 

 

 

Related posts

Kansiime yambitswe impeta n’umukunzi we

Emma-Marie

Hagiye kuba igitaramo cy’ibihangange ku munsi wa Afurika

Emma-marie

Umuhanzi Koffi Olomide ati “Mugume mu nzu nko mu bihe by’intambara”

Emma-marie

Leave a Comment

Skip to toolbar