Image default
Abantu

Ange Kagame yashimiye abaganga bamufashije kwibaruka imfura ye

Ange Ingabire Kagame, umukobwa wa Perezida wa Repuburika Paul Kagame, yashimiye abaganga, abaforomo n’ababyaza bo ku bitaro byitiriwe Umwami Faycal bamufashije kwibaruka imfura ye.

Abonyijije ku rukuta rwe rwa Twitter, Ange Kagame wibarutse tariki ya 20 Nyakanga 2020, kuri uyu wa 22 yashimiye ikipe y’abaganga bamufashije kwibaruka.

Ati “Mwarakoze cyane kuturemera ubunararibonye kandi mukomereze aho. Turi mu biganza byiza, Imana ibahe umugisha”.

Uyu mubyeyi yakomeje ashimira abantu batandukanye bamwoherereje ubutumwa. Ati “Turi abanyamugisha kuba ababyeyi b’uyu mumalayika”.

Taliki ya 06 Nyakanga 2019 nibwo  Ange Ingabire Kagame, umukobwa umwe rukumbi wa Nyakubahwa perezida Kagame yashakanye na Ndengeyingoma Bertrand.

Related posts

Lionel Messi yiyemeje gufunguza Ronaldinho ugiye kumara ibyumweru bibiri afungiye muri Paraguay

Emma-marie

Nyagatare: DASSO na Gitifu bagiranye amakimbirane n’umworozi Safari bahagaritswe mu kazi

EDITORIAL

Rwamagana: Padiri mukuru ari mu maboko ya RIB

EDITORIAL

Leave a Comment

Skip to toolbar