Image default
Abantu

Ange Kagame yashimiye abaganga bamufashije kwibaruka imfura ye

Ange Ingabire Kagame, umukobwa wa Perezida wa Repuburika Paul Kagame, yashimiye abaganga, abaforomo n’ababyaza bo ku bitaro byitiriwe Umwami Faycal bamufashije kwibaruka imfura ye.

Abonyijije ku rukuta rwe rwa Twitter, Ange Kagame wibarutse tariki ya 20 Nyakanga 2020, kuri uyu wa 22 yashimiye ikipe y’abaganga bamufashije kwibaruka.

Ati “Mwarakoze cyane kuturemera ubunararibonye kandi mukomereze aho. Turi mu biganza byiza, Imana ibahe umugisha”.

Uyu mubyeyi yakomeje ashimira abantu batandukanye bamwoherereje ubutumwa. Ati “Turi abanyamugisha kuba ababyeyi b’uyu mumalayika”.

Taliki ya 06 Nyakanga 2019 nibwo  Ange Ingabire Kagame, umukobwa umwe rukumbi wa Nyakubahwa perezida Kagame yashakanye na Ndengeyingoma Bertrand.

Related posts

Elon Musk mu Rukiko nyuma yo kwanga kugura urubuga rwa ‘Twitter’

Emma-Marie

Icyo Alain Gauthier avuga kuri Padiri Hitayezu ushinjwa Jenoside

Emma-Marie

Imyaka 10 irashize Butera Knowless yinjiye mu muziki

Emma-marie

Leave a Comment

Skip to toolbar