Image default
Mu mahanga

Bamwe mu banya -Uganda bafite ababo bakorera mu bihugu by’Abarabu bafite agahinda

Abanya-Uganda bafite abavandimwe babo bakorera imirimo itandukanye mu bihugu by’Abarabu bababajwe n’ihohoterwa n’ubwicanyi bukorerwa abavandimwe babo. Ni nyuma y’amakuru y’urupfu rw’umwe mu bakobwa wakoreraga muri Arabiya Sawudite.

Urupfu rw’uyu mukobwa witwa Sophia Kadama, ruje rukurikiye izindi mpfu z’abandi bakobwa bagera kuri bane kuva mu kwezi kwa 11 k’umwaka ushize.

Nubwo leta itaragira icyo ivuga ku rupfu rwa Kadama, abaturage b’ingeri zose bakomeje kujya impaka no kwamagana ihohoterwa ry’abajyanwa gukora imirimo itandukanye mu bihugu by’Abarabu bagasanga leta ikwiye gushaka uburyo yarenganura abaturage bayo, abandi bakavuga ko ibyo kujya gukorera mu bihugu by’Abarabu leta ikwiye kubihagarika burundu.

Bamwe mu bakoze imyiyerekano mu ndwi iheze biyamiriza iyicwa ry'uwundi mukobwa wo muri uganda yiciwe muri Arabiya Sawudite

Mawanda Nkunyingi, umwe mu badepite batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda yasabye guverinoma guhagarika ibyo kohereza mu bihugu by’Abarabu abakozi no gushakira ibihumbi badafite akazi muri Arabiya Sawudite impapuro z’inzira na tike zibagarura mu gihugu. Amakuru aturuka mu bakorera muri ibyo bihugu avuga ko ababakoresha babambura impapuro zabo z’inzira iyo bagezeyo.

@VOA 

 

Related posts

Umugabo yishwe n’agahinda nyuma y’urupfu rw’umugore we

Emma-Marie

Kenya: Amaze kuba umwere ku gitero cy’iterabwoba kuri Westgate Mall yahise ashimutwa

Emma-marie

Covid-19:Mu Bushinwa no muri Afurika y’epfo hatahuwe itsinda ry’abakora inkingo mpimbano

Emma-Marie

Leave a Comment

Skip to toolbar