Image default
Amakuru

Ibisasu byaguye mu Rwanda byakomerekeje Abaturage

Ingabo z’u Rwanda zatangaje ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, hari ibisasu by’Ingabo za Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo byaguye ku butaka bw’u Rwanda, mu Mirenge ya Nyange na Kinigi mu Ntara y’Amajyaruguru bigakomeretsa abaturage ndetse bigasenya n’inzu.

RDF yavuze ko kugeza ubu umutekano umeze neza nk’ibisanzwe. Yasabye Itsinda ry’Abasirikare rihuriweho rishinzwe kugenzura uko imbibi z’imipaka zubahirizwa (EJVM) gukora iperereza kuri iki kibazo. Ivuga ko abayobozi b’u Rwanda bari kuvugana n’abo mur DRC hasuzumwa iki kibazo.

Image

Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Col Ronald Rwivanga yavuze ko abakomeretse barimo guhabwa ubuvuzi, ubuyobozi bukaba burimo kugenzura ibyangiritse.

@RBA

Related posts

Mu minsi iri imbere imwe mu myanda iva mu ngo z’abaturage izabona abakiriya

EDITORIAL

U Rwanda rugiye kohereza abakozi muri Qatar

EDITORIAL

Facebook yahinduye izina

EDITORIAL

Leave a Comment

Skip to toolbar