Image default
Amakuru

Igisirikare cya Congo cyemeza ko cyirukanye inyeshyamba za FNL

Igisirikare cya Congo kiravuga ko cyafashe ibirindiro by’umutwe w’abarwanyi b’Abarundi barwanira mu burasirazuba bwa Congo.

Umuvugizi w’ingabo yavuze ko abarwanyi b’umutwe uvuga ko uharanira kwibohora, FNL, bahungiye mu ishyamba nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze.

Yanavuze kandi ko ingabo za leta zarwanye n’undi mutwe w’inyeshyamba z’Abanyarwanda uzwi nka CNRD kimwe n’undi w’Abarundi wa Red Tabara wagabye ibitero mu Burundi mu kwezi gushize.

BBC dukesha iyi nkuru yatangaje ko mu burasirazuba bwa Congo hari imitwe y’abarwanyi b’Abanyarwanda n’Abarundi irimo n’iy’inyeshyamba zo muri Congo.

Umuvugizi w’igisirikare cya Congo mu burasirazuba bw’igihugu, Kapiteni Dieudonné Kasereka, yavuganye na Jacques Niyitegeka atangira amubwira uko imirwano yagenze.

iriba.news@gmail.com

Related posts

Bamwe mu bashinjwa guhungabanya umutekano w’u Rwanda bavuga ko bagiye muri P5 ku gahato

Emma-marie

Coronavirus: Abavuye mu Rwanda n’u Burundi babujijwe kujya muri UK

Ndahiriwe Jean Bosco

Gahunda ya “Igira ku Murimo” ikomeje kugaragaza ubudasa mu guha urubyiruko ubumenyi

EDITORIAL

Leave a Comment

Skip to toolbar