Image default
Ubutabera

Ishimishamubiri, kunyereza sima n’umuceli bimwe mu byaha bya ruswa mu gihembwe cya mbere 2019-2020

Urutonde rw’abahamwe burundu n’icyaha cya ruswa mu gihembwe cya mbere cy’umwaka wa 2019-2020 rwashyizwe hanze n’Urwego rw’Umuvunyi, rwiganjemo abahamwe n’icyaha cyo kwaka no kwakira indoke, abayitanze hamwe n’abahamwe n’icyaha cyo kunyereza umutungo, harimo kandi umuyobozi mu nzego z’ibanze wahamwe n’icyaha cy’ishimishamubiri rishingiye ku gitsina, umukozi wahamwe n’icyaha cyo kunyereza umuceli hamwe n’umuyobozi wahamwe n’icyaha cyo kunyereza sima.

Abahamwe n’icyaha cya ruswa mu gihembwe cya mbere cya 2019-2020 ni abantu 53. Muri abo bahamwe n’icyaha, 44 bakaba ari igitsina gabo naho 9 ni igitsina gore. Ibi bikaba bigaragara mu rutonde rw’abahamwe burundu n’icyaha cya ruswa mu gihembwe cya mbere cy’umwaka wa 2019-2020, rwashyizwe ku mugaragaro n’Urwego rw’Umuvunyi tariki ya 12 Werurwe 2020

Kanyarubindo Jean Baptiste, wahoze ayobora akagari ka […] mu Karere ka Nyanza yahamwe n’icyaha cyo gusaba ishimishamubiri rishingiye ku gitsina, akaba yarakatiwe igifungo cy’imyaka 7, n’ihazabu y’amafaranga miliyoni ebyiri.

Uwitwa Bucyensenge Marc, wakoraga akazi ko kurinda umusaruro yahamwe n’icyaha cyo kunyereza ibiro 697 by’umuceli wa koperative Koimunya yo mu Karere ka Rusizi, ahanishwa igifungo cy’imyaka 7 n’ihazabu ya  631.200FRW.

Uwitwa Mukayisenga Cesarie, wahoze ari umuyobozi wa GS Rwakirari mu Karere ka Musanze yahamwe n’icyaha cyo kunyereza imifuka 10 ya sima, ahanishwa igifungo cy’imyaka itatu n’amezi atandatu, agatanga n’ihazabu  ya 75.000Frw.

Urwego rw’Umuvunyi rwatangaje uru rutonde rushingiye ku ngingo ya 4 y’Itegeko numero 76/2013 ryo ku wa 11/9/2013 rigena inshingano, ububasha, imiterere n’imikorere by’Urwego rw’Umuvunyi isaba Urwego rw’Umuvunyi gukora no gutangaza urutonde rw’abahamwe burundu n’icyaha cya ruswa n’ibihano bahawe.

Iribanews@gmail.com

Related posts

U Bubiligi: Ukuri ku kiruhuko cyatanzwe mu rubanza rwa Bomboko ushinjwa Jenoside

Emma-Marie

Dr Issac Munyakazi yahakanye ibyaha aregwa byo kuba icyitso mu cyaha cya ruswa

Emma-marie

Paris: André Guichaoua yavuze ku nama zatangiwemo amabwiriza yo kwica Abatutsi zitabiriwe na Bucyibaruta

Emma-Marie

Leave a Comment

Skip to toolbar