Image default
Amakuru

Leta irashishikariza abahinzi guhunika nibura 30% by’umusaruro beza

Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi ishishikariza abahinzi guhunika nibura 30% by’umusaruro beza mu rwego rwo guhangana n’ibihe biza bidateguje . Ni mu gihe ariko hari abaturage bagaragaza amapfa nk’imwe mu nkomyi ituma badahunika uko bikwiriye 

Guhunika imyaka bikorwa ku rwego rw’akagari, urw’umurenge ndetse n’urw’akarere binyuze mu makoperative.

Politike yo guhunika imyaka ahatari mu rugo rwa nyirayo, yatangiye mu mwaka wa 2010 iyi gahunda ikaba yaraje yunganira iy’imbaturabukungu mu buhinzi intego akaba ari ukugirango uRwanda rube ikigega ndetse n’isoko ku bahinzi wasangaga bahinga bakabura aho bagurisha umusaruro wabo.

Kugeza ubu u Rwanda ruhunitse umuceri, ibishyimbo, kawunga n’umuceri toni ibihumbi 290 hirya no hino mu turere ibi bikaba  bishobora kugoboka abahuye n’ibibazo byo kubura ibiribwa

SRC:RBA

Related posts

Uburyo bushya bwo kurinda abana Malaria buratanga icyizere

EDITORIAL

Hatunzwe agatoki ikimenyane n’icyenewabo mu bituma umutungo wa Leta unyerezwa

Emma-marie

Kamonyi : Gitifu ushinjwa gukubita abashakanye bari ‘gutera akabariro’ yahagaritswe ku mirimo

Ndahiriwe Jean Bosco

Leave a Comment

Skip to toolbar