Kuri uyu wa Gatatu, Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubirigi, Sophie Wilmes yasuye ibitaro bya Nyarugenge biherereye mu Mujyi wa Kigali, ashima uko u Rwanda rwakoresheje inkunga rwahawe mu kubaka ibitaro bya Nyarugenge, anizeza ko ubufatanye mu guteza imbere ibyo bitaro buzakomeza.
RBA yatangaje ko Ibitaro bya Nyarugenge byubatswe kandi bishyirwamo ibikoresho ku bufatanye na leta y’u Rwanda n’igihugu cy’u Bubirigi, binyuze mu kigo gishinzwe iterambere Enabel, mu muri gahunda yiswe Ubuzima burambye.
Ibi bitaro byubakwa byari byagenewe ibitanda 300, kugira ngo bijye byunganira ibya Muhima na CHUB, ndetse n’ibigo nderabuzima 6.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije yavuze ko imyiteguro yo kwagura ibitaro yatangiye kandi n’u Bubirigi bukazabigiramo uruhare.
Photo: Minisante