Image default
Abantu

Mukeshimana, umunyamakuru w’umugore ukora mu ishami rya Sport ati “Numvaga nanjye nabishobora”

Gukora itangazamakuru mu ishami rya Sport uri umugore bishobora bacye, Assumpta Mukeshimana umwe babitinyutse kandi akabishobora yemeza ko bisaba kwigirira icyizere no gukora cyane.

Umubare w’abagore bakora mu itangazamakuru ugereranyije n’uw’abagabo uracyari hasi. Ibi bituma usanga hari n’ibiganiro bimwe na bimwe bisa n’ibyahariwe abanyamakuru b’abagabo. Muri ibyo biganiro twavuga nk’ibijyanye na Politike, ubukungu ndetse na Sport.

Twaganiriye na Assumpta Mukeshimana, umunyamakuru w’umugore ukora mu ishami rya Sport kuri TV1, akaba amaze imyaka isaga itanu akora aka kazi. Yatubwiye uko yafashe icyemezo cyo gukora ibyo bagenzi be bamwe batinye, inzitane yahuye nazo n’ibindi.

Mukeshimana ni umwe mu banayamakuru b’abagore batinyutse gukora mu ishami rya Sport

Iribanews: Kuki wahisemo kujya mu ishami rya Sport, rimenyerewemo abagabo?

Mukeshimana: Nuko nabikundaga kandi nkumva nubwo ari ishami rimenyerewemo abagabo, nanjye nabishobora.

Iribanews: Ugezemo ni izihe ngorabahizi wahuye nazo ?

Mukeshimana: Kimwe no mu kandi kazi kose, kumenyera bibanza kugorana natangiye nkorana n ‘abanyamakuru bari hejuru cyane, byari bigoye kujya ku rwego rumwe nabo byasabaga gukora cyane no kwihinga. Ikindi nk’umukobwa abantu rimwe na rimwe bameraga nkapinga cyangwa bakumva ko uri umukobwa ibya sport utabibasha, rimwe na rimwe bigaca intege kuri ‘terrain’ naho mu gutangira ntibyari byoroshye kubona uguha’ interview’ hari abahitaga bagusuzugura babonye uri umukobwa.

Mukeshimana avuga ko kugirango umugore akore mu ishami rya sport bisaba gutinyuka

Iribanews: Ni ibihe bicantege wahuye nabyo mu kazi?

Mukeshimana: Ntibyabura cyane ko kari akazi kamenyerewemo abagabo. Abavugako umukobwa ukora ibya sport aba yarananiranye, abavugako aba ari umugore w’ abakinnyi bose n’abatoza, ni byinshi ariko umuntu iyo ukora akazi ugakunze, ibyo byose biza ubirebesha amaso, ubundi ugakomeza kubaho kandi unakora cyane.

Iribanews: Uhuza gute inshingano z’urugo n’akazi ?

Mukeshimana: Ntabwo byoroha ariko nasanze mu buzima bwose bisaba gukora amahitamo y’ibyangombwa mu buzima. Kubihuza ntakundi ni ugukora akazi mu gihe cyako hanyuma mu mwanya karangiye nkita no ku rugo rwanjye. Nirinda kujya mu bintu byinshi byatuma mpuga kugirango umwanya mbonye nabo mu rugo bambone.

Mukeshimana Assumpta ati ahari abumva ko umugore ukora mu ishami rya sport ari umugore w’abatoza n’abakinnyi

Iribanews: Ni ubuhe butumwa waha abagore b’abanyamakuru batinya kujya mu ishami rya Sport?

Mukeshimana:Icya mbere bakwiye kwiyumvamo ko bashoboye kandi bakirinda kugumana ibitekerezo bibabwira ko batakora neza, badafite ubuhanga. Ikindi bagakora cyane kuko ntabwo kuba umunyamakuru mwiza byizana bisaba gukora no gushirika ubute. Hanyuma byaba bibabaje U Rwanda ruri mu bihugu biha urubuga abagore, maze mu banyamakuru hakaba hakiri abacyumva ko badashoboye kandi barahawe umwanya.

Abagore b’abanyamakuru bakora mu ishami rya Sport mu binyamakuru bitandukanye byo mu Rwanda bagera kuri batandatu, ariko abavugwa cyane ntibarenze batatu. Imibare yatangajwe n’Inama Nkuru y’Itangazamakuru (MHC) muri Gicurasi 2019, igaragaza ko muri 989 bahawe ibyangombwa bibemerera gukora umwuga w’itangazamakuru 749 ni abagabo, 240 ni abagore.

 

 

 

Related posts

Wa mugore uherutse guhagarika ubukwe bw’umugabo we yahawe abana be

Emma-Marie

Nyanza: Yagiye gusaba ubuyobozi kumwishyuriza amafaranga yemerewe ngo yice umuntu

Emma-Marie

Hari abakobwa bafatwa ku ngufu ntibabone ubutabera

Emma-Marie

Leave a Comment

Skip to toolbar