Image default
Politike

Nduhungirehe yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Buhorandi

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 14 Kanama 2020, iyobowe na Perezida wa Repuburika Paul Kagame, yafashe ibyemezo bitandukanye, inashyira mu myanya Abambasaderi bakurikira:

Amb. Olivier Nduhungirehe Olivier, Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwami bw’u Buhorandi, Nyiramatama Zaina, Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwami bwa Maroke, Amb. Karabaranga Jean Pierre, Ambasaderi w’u Rwanda muri Repuburika ya Senegali, Mutsindashyaka Theoneste, Ambasaderi w’u Rwanda muri Repuburika ya Congo.

Ambasaderi Olivier Nduhungirehe wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga (MINAFFET) ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba(kuva muri Kanama 2017- Mata 2020), yongeye guhagararira u Rwanda mu mahanga (Ambasaderi).

Amb Olivier Nduhungirehe yari yagizwe Umunyambanga wa Leta muri MINAFFET yari asanzwe ari Ambasaderi w’u Rwanda mu Bubiligi kuva muri 2015, ubu akaba agiye kuruhagararira mu Buholandi asimbuyeyo Amb Jean Pierre Karabaranga waje muri Senegal.

Ambasaderi Nduhungirehe, abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter yashimiye Umukuru w’Igihugu. Ati “Nzakoresha imbaraga zanjye n’ubunararibonye mu guteza imbere umubano mwiza n’ubuhahirane hagati y’u Rwanda n’u Buholandi ndetse n’ibindi bihugu.”

Abantu batandukanye barimo abanyarwanda, abayobozi mu nzego zitandukanye, abanyamahanga bakaba bamwifurije kuzagira imirimo myiza.

Abandi bayobozi bahawe imirimo …

Uwacu Julienne na we wari Minisitiri w’Umuco na Siporo kuva muri Gashyantare 2015 kugera mu Kwakira 2018, yagizwe Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Ikigega cya Leta cyo gushyigikira no gutera inkunga abatishoboye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi(FARG).

Théoneste Mutsindashyaka na we wigeze kuba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi kugeza muri 2009, yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika ya Congo (Brazzaville).

Rwamurangwa Stephen wari Umuyobozi w’Akarere ka Gasabo kugera muri Gashyantare 2020 yagizwe Umuhuzabikorwa w’Umushinga ukorana n’Ikigega mpuzamahanga giteza imbere ubuhinzi (SPIU/IFAD-Rwanda) muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI).

Uretse aba bagarutse kuba abayobozi, ibigo bya Leta bitandukanye na byo byahawe abakozi, abayobozi b’amashami ndetse n’abagize Inama y’Ubutegetsi.

Emma-Marie Umurerwa

emma@iribanews.com

Related posts

Kigali: Abantu 20 bafatiwe muri Hotel bagiye kwivura amavunane

Emma-marie

Bosenibamwe yitabye Imana

Emma-marie

Ibimaze gukorwa muri Cabo Delgado biganisha ku ntsinzi-Perezida Kagame

Emma-Marie

Leave a Comment

Skip to toolbar