Image default
Amakuru

Paul Rusesabagina ari mu maboko ya RIB

Urwego rw’Igihugu rushinzwe ubugenzacyaha ‘RIB’ rumaze gutangariza abanyarwanda n’amahanga ko binyuze mu bufatanye n’amahanga, Paul Rusesabagina yafashwe.

Rusesabagina arakekwa kurema no kuyobora umutwe n’ihuriro ry’imitwe y’iterabwoba yitwara gisirikare igizwe nabahezanguni, irimo MRCD na PDR-Ihumure, ikorera mu bice bitandukanye mu karere no mu mahanga.

Hari hashize igihe Rusesabagina ashyiriweho impapuro mpuzamahanga zisaba ko afatwa agashyikirizwa ubutabera kugirango abazwe ku byaha bikomeye aregwa birimo iterabwoba, gutwika, ubushimusi n’ubwicanyi byakorewe abaturage binzirakarengane b’abanyarwanda mu duce dutandukanye tw’u Rwanda turimo Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru muri Kamena 2018 no muri Nyungwe mu Karere ka Nyamagabe mu Kuboza 2018.

RIB yakomeje ivuga ko ubu Rusesabagina acumbikiwe kuri Sitasiyo ya Police ya Remera mu gihe hagikorwa iperereza kubyo akurikiranyweho hakurikijwe ibiteganywa n’amategeko y’ikurikirana byaha.

Related posts

Kayonza: Ucyekwaho gukwirakwiza urumogi ari mu maboko ya Polisi

EDITORIAL

Bamwe mu bafite ama-Hotel yahawe ibihano na RDB bati ‘twahaniwe amakosa y’umwaka ushize’

EDITORIAL

Africa: Business zikoresha ‘social media’ cyane kurusha ahandi hose ku isi – Raporo

EDITORIAL

Leave a Comment

Skip to toolbar