Image default
Mu mahanga

Perezida wa Ukraine yaciwe amande kubera kurenga ku mabwiriza ya ‘Guma mu Rugo’

Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine avuga ko yaciwe amande kubera kurenga mu mategeko ya ‘guma mu rugo’ mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya coronavirus.

Perezida Zelensky yavuze ko ibyo byabaye ubwo yajyaga mu nzu icuruza ibinyobwa n’ibiribwa byoroheje (café) iri mu mujyi wa Khmelnytsky rwagati muri Ukraine, ku itariki ya 3 y’uku kwezi kwa gatandatu ngo nta n’agapfukamunw ayari yambaye.

Perezida Zelensky (wa kabiri iburyo) yafotowe asoma ku ikawa

Iyi nkuru dukesha BBC ivuga ko nyuma, ibiro bye byatangaje ifoto imugaragaza ari kumwe n’abandi, anywa ku ikawa nubwo bwose serivisi zo gushyira abantu ibinyobwa n’ibiribwa bicaye imbere muri ‘cafe’ kugeza icyo gihe bitari byemewe.

Iriba.news@gmail.com

 

Related posts

Libye: Umuhungu wa Col Mouammar Gaddafi yarekuwe

EDITORIAL

Induru mu Buyapani kubera Igikomangoma kigiye gushaka muri Rubanda

EDITORIAL

Abanyeshuri basaga 60 bajyanwe mu bitaro kubera ‘bonbon’ zirimo urumogi

EDITORIAL

Leave a Comment

Skip to toolbar