Image default
Mu mahanga

Perezida wa Ukraine yaciwe amande kubera kurenga ku mabwiriza ya ‘Guma mu Rugo’

Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine avuga ko yaciwe amande kubera kurenga mu mategeko ya ‘guma mu rugo’ mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya coronavirus.

Perezida Zelensky yavuze ko ibyo byabaye ubwo yajyaga mu nzu icuruza ibinyobwa n’ibiribwa byoroheje (café) iri mu mujyi wa Khmelnytsky rwagati muri Ukraine, ku itariki ya 3 y’uku kwezi kwa gatandatu ngo nta n’agapfukamunw ayari yambaye.

Perezida Zelensky (wa kabiri iburyo) yafotowe asoma ku ikawa

Iyi nkuru dukesha BBC ivuga ko nyuma, ibiro bye byatangaje ifoto imugaragaza ari kumwe n’abandi, anywa ku ikawa nubwo bwose serivisi zo gushyira abantu ibinyobwa n’ibiribwa bicaye imbere muri ‘cafe’ kugeza icyo gihe bitari byemewe.

Iriba.news@gmail.com

 

Related posts

Zambia: Perezida Hakainde yasanze ikigega cya Leta kirimo ubusa arumirwa

EDITORIAL

Imfungwa zirenga 1800 zatorotse Gereza

EDITORIAL

Ubushinwa bukora bute ibijyanye no kuvana abaturage mu manegeka?

Emma-marie

Leave a Comment

Skip to toolbar