Dr Rekeraho Emmanuel umuyobozi akaba na nyirikigo Eden Business center Ltd yarongoye umukobwa wa Sina Gerald witwa Uwitonze Sina Carine.
Tariki ya 5 Kanama nibwo aba bombi basezeranye imbere y’amategeko mu birori byitabiriwe n’abantu bacye hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19.
Mu kiganiro kigufi yagiranye na IRIBA NEWS, Rekeraho yavuze ko imihango yindi yabaye mbere. Ati “Tuzakora ubukwe bwa benshi corona nirangira.”
Rakeraho Emmanuel ni umwe mu bashoramari b’abanyarwanda bamaze kuba ibirangirire, uretse kuba ari ny’iri Business center Ltd akora n’ibindi bikorwa by’ubushabitsi bitandukanye, akaba yarigeze no kuyobora Urugaga Nyarwanda rw’abavuzi gakondo.
Iriba.news@gmail.com