Image default
Ubutabera

Umucamanza yakuweho ‘ubudahangarwa’ atabwa muri yombi na RIB

Binyujijwe ku rukuta rwa Twitter, Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha ‘RIB’ rumaze gutangaza ko rwafunze Nyaminani Daniel, umucamanza mu Rukiko rw’ibanze rw’Akarere ka Nyamagabe.

Ubwo butumwa buragira buti “Nyuma yo gukurwaho ubudahangarwa n’urukiko rw’ikirenga, RIB yafunze Nyaminani Daniel, umucamanza mu rukiko rw’ibanze rw’Akarere ka Nyamagabe ukurikiranyweho kwaka no kwakira ruswa kugirango arekure uwari ukurikiranyweho icyaha cy’ubujura.

Ubu afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Gasaka mugihe iperereza rikomeje kugirango hakorwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

RIB irongera gushimira abakomeje gutanga amakuru kuri ruswa, inakangurira n’abandi baturarwanda bose guhagurukira kurwanya ruswa batangira amakuru kugihe kugirango ngo iranduke mu gihugu cyacu.”

Iriba.news@gmail.com

Related posts

U Bufaransa: Padiri Thomas Nahimana mu bagize uburakari nyuma y’ikatirwa rya  Rwamucyo

EDITORIAL

Bamwe mu bahoze ari abayobozi ba SONARWA barafunze

EDITORIAL

“Amadolari 900 Rusesabagina yatanze siyo yatera igihugu keretse niba ari ukurwanisha ibikenyeri”  

Emma-marie

Leave a Comment

Skip to toolbar