Image default
Utuntu n'utundi

Umugabo yishwe n’amazi

Muri Perefegitura ya Bordeaux mu Bufaransa haravugwa inkuru y’umugabo uherutse gupfa, ibizami byo kwa muganga bigaragaza ko nyirabayazana ari amazi menshi yari yanyweye.

Uyu mugabo utatangajwe amazina yaguye mu bitaro bya Cadillac, ibizami by’ibanze byakozwe n’abaganga bigaragaza ko yari yanyoye amazi menshi.

Abaganga batangaje ko yari yagize ikibazo cy’umwuma, umuntu ufite iki kibazo akaba arangwa no kugira icyaka cyane bigatuma anywa amazi menshi.

Inkuru dukesha urubuga rwa Yahoo, ivuga ko uwagize ikibazo cy’umwuma ashobora kunywa amazi ageze muri litiro 10, iyi ngano y’amazi ikaba ishobora gutera ubwonko ndetse n’ibihaha kunanirwa gukora uko bisanzwe, bikabyara urupfu.

Iriba.news@gmail.com

 

Related posts

Wari uziko gusinzira nyuma ya saa yine z’ijoro bigira ingaruka ku buzima?

EDITORIAL

Wari uziko kwinukiriza ‘umusuzi’ bishobora kuvura indwara zimwe na zimwe?

EDITORIAL

‘Amaraso ku mashuka’ kimwe mu bipimo by’ubusugi gishobora no kuba ikinyoma kabuhariwe

EDITORIAL

Leave a Comment

Skip to toolbar