Image default
Abantu

Uruganda rw’icyayi rwa Rubaya rurashinjwa amahugu

Imiryango 27 y’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma  mu Murenge wa Muhanda mu Karere ka Ngororero ishinja uruganda rw’icyayi rwa Rubaya kubahuguza ubutaka barutije.

Bavuga ko bumvikanye ko uru ruganda ruzahinga icyayi muri ubwo butaka mu gihe cy’imyaka isaga 10 rukazajya rubungukira ariko  nyuma rurabigarika, ubutaka rubugira ubwarwo nyamara ngo nta bugure bwabayeho.

Ubutaka iyi miryango ivuga ko yahugujwe, uba ubwitegeye neza iyo uri  Mudugudu wa Gatomvu, Akagari ka Bugarura,mu Murenge wa Muhanda ya Ngororero aho iyi miryango yatujwe.

Magingo aya, umusozi mugari bavuga ko wahoze ari ubutaka bwabo uteyeho ishyamba ry’inturusi n’icyayi bigaragara ko kikiri gito. Abahagarariye imiryango y’aba baturage amateka agaragaza ko basigaye inyuma, mu mvugo yumvikanamo ubukana bahamya ko bakorewe akarengane bahuguzwa  ubutaka bwabo.

Aba baturage bifuza ko ibyo bumvikanye n’uruganda byubahirizwa bitaba ibyo bagasubizwa ubutaka bwabo.

Ngororero: Abahinzi b'icyayi bakomeje kwinubira igiciro bagurirwaho n' uruganda - Kigali Today

Uruganda rw’icyayi rwa Rubaya ruvuga iki kubivugwa n’aba baturage?  Ku ruganda rw’icyayi aho umunyamakuru yerekeje amaze kumva ibyo ahamirijwe n’abaturage, umuyobozi mukuru warwo mu magambo make avuga ko habayeho ubugure kandi ibimenyetso bihari.

Mutwarangabo Innocent  washyizwe mu majwi n’abaturage nk’uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge mu gihe habagaho ubwumvikane,  uyu munsi ni umujyanama wa  Komite Nyobozi y’Akarere ka Ngororero; yemera ko ikibazo akizi kandi yagiriye inama abo baturage uburyo ubutaka bwabo bwabyazwa umusaruro butagurishijwe.

ikibazo cy’aba baturage cyamenyekanye bitinze ariko mu gihe cy’ibyumweru bibiri  kigomba kuba cyahawe umurongo kuko  ngo hari icyatangiye gukorwa kugirango ibyabariya  baturage bisobanuke, nk’uko Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero, Ndayambaje Godefroid yabisobanuye.

Biragoye kumenya ubuso bw’ubu butaka. Yaba abaturage bavuga ko bariganyijwe ndetse n’uruganda rwemeza ko rwaguze, izi mpande zombi, nta na rumwe rugaragaza ingano y’ubuso nyabwo. Ba nyiri ubutaka ariko bemeza ntagushidikanya ko imbago z’ubutaka bwabo bazizi.

iriba.news@gmail.com

Related posts

Benjamin Mkapa wigeze kuba Perezida wa Tanzania yapfuye

Emma-marie

Kirehe: Abantu 2 mu binjizaga ibiyobyabwenge mu gihugu barashwe barapfa

Emma-marie

Umunyamakuru wa Reuters yirukanwe shishi itabona muri Congo-Kinshasa

Emma-Marie

Leave a Comment

Skip to toolbar