Image default
Mu mahanga

Zambia: Edgar Lungu yatsinzwe

Komisiyo y’amatora ya Zambia yemeje ko amatora ya perezida yo mu cyumweru gishize uwayatsinze ari umukandida w’abatavugarumwe n’ubutegetsi Hakainde Hichilema.

Bwana Hichilema yatsinze mukeba we ukomeye, perezida ucyuye igihe Edgar Lungu, amurushije amajwi arenga miliyoni.

Yari inshuro ya gatandatu Hichilema agerageje gushaka kuba perezida.

Abamushyigikiye bakomeje kwishimira intsinzi ye mu mihanda y’umurwa mukuru Lusaka.

Mbere, Perezida Lungu yari yatangaje ko amatora atabaye mu mucyo no mu bwisanzure.

Yavuze ko indorerezi z’amatora zivuye mu ishyaka rye Patriotic Front zirukanywe ku biro by’amatora, bagasiga amajwi nta kirengera.

Mu kumusubiza, ishyaka United Party for National Development rya Hichilema ryavuze ko ibyo byatangajwe ari “igikorwa cya nyuma cy’akababaro cy’ubutegetsi buvuyeho”.

Mu kubara bwa nyuma, komisiyo y’amatora yavuze ko Hichilema yatsinze n’amajwi 2,810,777 kuri 1,814,201 ya Lungu mu matora yabaye kuwa kane.

Abantu bagera kuri miliyoni zirindwi bari biyandikishije gutora.

Avuga ibyavuye mu matora ari i Lusaka, Esau Chulu ukuriye komisiyo y’amatora yagize ati: “Bityo ntangaje ko uwavuzwe Hichilema aba perezida wa Zambia”.

Ubutegetsi Lungu amazeho imyaka itandatu bwanenzwe guhonyora uburenganzira bwa muntu, ruswa, ubushomeri bukabije no kunanirwa kuzahura ubukungu.

Bivugwa ko Hichilema w’imyaka 59 yazamukiye muri ako kababaro ka rubanda itora, yizeza impinduka.

Ubu afite urugamba rukomeye rwo guhindura ubukungu bw’iki gihugu buhagaze nabi.

Biteganyijwe ko perezida watowe arahira mu minsi irindwi iri imbere.

SRC:BBC

Related posts

South Africa needs to collaborate with China to resolve the vaccines deficit

Emma-Marie

Pegasus: Emmanuel Macron mu bavugwaho kunekwa hakoreshejwe iyi ‘software’

Emma-Marie

Burundi: Ku munsi w’amatora imbuga nkoranyambaga zahagaritswe

Emma-marie

Leave a Comment

Skip to toolbar