Image default
Politike

Abadepite batangiye gusuzuma umushinga w’ivugururwa ry’Itegeko Nshinga

Kuri uyu wa Mbere abagize inama y’Abaperezida b’amakomisiyo agize umutwe w’Abadepite, batangiye gusuzuma umushinga w’ivugururwa ry’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe mu 2015.

Ishingiro ry’umushinga w’itegeko nshinga ryatangijwe na Perezida wa Repubulika.

Iri vugurura rishingiye ku guhuza amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’abagize Inteko Ishinga Amategeko, aho yose biteganijwe ko azaba muri Kanama 2024.

Mu mpera z’ukwezi gushize ubwo yabisobanuriraga inteko rusange y’umutwe w’abadepite, minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya leta, Dr Ugirashebuja Emmanuel yagaragaje ko hari inyungu iri mu guhuza amatora y’abadepite n’aya perezida wa Repubulika.

Image

Ivugururwa ry’itegeko nshinga kandi ryanogeje ireme ry’ingingo zimwe na zimwe kugirango zumvikane neza kurushaho cyangwa zorohereze abazishyira mu bikorwa.

Zimwe muri izi ngingo harimo ijyanye nuko gusomera imanza mu ruhame bizakurwa mu mahame y’ubutabera nkuko biteganywa n’itegeko nshinga kuko atari ihame ahubwo bigume mu mategeko asanzwe y’imiburanishirize.

@RBA

Related posts

EAC: Perezida Kagame asanga igihe kigeze ngo abayobozi bashyire mu bikorwa ibyo babwira abaturage

Emma-Marie

Gen Kabarebe yabwiye urubyiruko ko umuyobozi mwiza adacika intege imbere y’ibibazo

Emma-Marie

ICRC advocates for adaptation of IHL to emerging warfare technologies

Emma-Marie

Leave a Comment

Skip to toolbar