Image default
Mu mahanga

Arusha: Ibiro by’ishyaka CHADEMA byakongotse

Tundu Lissu, umukuru w’ishyaka Chama cha Demokrasia na Maendeleo (CHADEMA) ritavuga rumwe n’ubutegetsi, avuga ko ibiro byaryo mu mujyi wa Arusha mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bw’igihugu “byatwitswe n’igisasu”.

Lissu w’imyaka 52, avuga ko byatswitse ejo ku wa kane, habura umunsi umwe ngo agirire uruzinduko muri uwo mujyi kuri uyu wa gatanu.

Yavuze ko ibyabaye ari “iterabwoba” kandi ko uruzinduko rwe yari yateganyije n’ubundi arukomeza uyu munsi nubwo habayeho icyo gitero.

Yatangaje kuri Twitter amafoto avuga ko agaragaza ibyo biro byashenywe.

BBC yatangaje ko mu kwezi gushize kwa karindwi ni bwo Lissu yasubiye muri Tanzania nyuma yo kurokoka igitero cyari kigambiriye kumuhitana mu mwaka wa 2017, akajya kwivuriza muri Kenya no mu Bubiligi.

Ni we wagenwe n’ishyaka rye nk’uzarihagararira mu matora rusange yo mu kwezi kwa cumi uyu mwaka, aho azahatana na Perezida John Pombe Magufuli w’ishyaka CCM.

Ariko Lissu yavuze ko nta cyizere afitiye akanama k’amatora ko hazabaho amatora yigenga kandi anyuze mu mucyo.

Iriba.news@gmail.com

Related posts

Rihanna yasabye imbabazi nyuma yo kumurika utwenda tw’imbere yifashishije umurongo wa Korowani

Emma-marie

MI6 irahamya ko u Burusiya buri hafi gucika intege muri Ukraine

Emma-Marie

Abarinzi batandatu ba pariki ya Virunga bishwe

Ndahiriwe Jean Bosco

Leave a Comment

Skip to toolbar