Image default
Amakuru

Bugesera: Abahinzi barakataje mu kungurana ubumenyi

Bamwe mu bahinzi bagize Koperative Twitezimbere Muhinzi ikorera mu Murenge  wa Nyarugenge ndetse na  Koperative Abakoranamurava ikorera i Mayange  mu Karere ka Bugesera bakoreye  urugendo shuri mu Murenge wa Rweru basura itsinda  Agaciro bagamije kwiyungura ubumenyi mu bikorwa  by’ubuhinzi.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa gatanu tariki ya 21 Kanama 2020 aho  bamwe mu bagenerwabikorwa b’umushinga USAID  Hinga Weze bitabiriye uru rugendo shuri bavuze ko bungutse ubumenyi butandukanye harimo akamaro ko gusasira ibihingwa no gutegura ingemye ndetse bahamya ko  bazabisangiza abandi kugira ngo umusaruro uzarusheho kwiyongera.

Tuyisenge Vianney, Perezida wa Koperative Twitezimbere Muhinzi ikorera mu Murenge wa Nyarugenge, Akagari ka Murambi yavuze ko bungutse byinshi kuko bo batangiye vuba.

Yakomeja avuga ko gusasira imyaka ari byiza kuko abandi bababwiye ko bavomerera kabiri mu cyumweru mu gihe bo babikoraga buri munsi. Byongeye kandi ngo buri wese yishakiraga imbuto rimwe na rimwe ugasanga si nziza, ubu rero ngo bize ko bagomba kujya bategurira imbuto hamwe.

Perezida w’Abakoranamurava ba Mayange, Biziyaremye Felicien yavuze ko bungutse ubumenyi burimo  ibyo gusasira imyaka kuko iyo isasiwe izamuka neza ndetse n’ubutaka bukabasha kubika amazi. Uretse ibyo, ngo  babonye  izindi mbuto bahinga nka  Watermelon akaba agiye  gushishikariza bagenzi be nabo kuzihinga.

Umuyobozi muri USAID Hinga Weze ushinzwe ibikorwa  Ndagijimana Narcisse yavuze  ko abahinzi b’i Mayange na Nyarugenge baje kureba uko bagomba kubyaza umusaruro ibikorwa remezo byo kuhira  ndetse n’uburyo bahuza tekiniki zose z’ubuhinzi kugira ngo amazi abyazwe  umusaruro.

Mu bindi, avuga ko uru rugendo shuri ari ukugira ngo abahinzi  basangire ubumenyi n’ubunararibonye  buzatuma barushaho kubyaza umusaruro ibikorwa remezo byakozwe  mu Murenge wa Nyarugenge na Mayange.

Hinga weze ni umushinga watangijwe ku bufatanye n’Ikigo k’Igihugu Gishinzwe Guteza Imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) ku nkunga y’Umuryango w’Abanyamerika wita ku Iterambere Mpuzamahanga (USAID), ukaba wibanda ku buhinzi no kunoza imirire mu ntego yo gufasha abahinzi basaga 530,000 mu turere 10 ikoreramo kugira ngo bazamure imibereho n’imirire myiza banazamure uburyo bwo kubaho bushingiye ku buhinzi no guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.

Rose Mukagahizi

 

 

 

Related posts

10 Stunning All-inclusive Resorts in the Maldives

Emma-marie

Rwanda: Abacuruza imiti ikoreshwa mu kongera igitsina basabwe kuyisubiza iyo bayikuye

Emma-Marie

RIB yafunze abanyeshuri bacyekwaho gushinga umutwe w’abagizi ba nabi

Emma-Marie

Leave a Comment

Skip to toolbar