Image default
Ubukungu

Gare ya Nyabugogo igiye kugirwa isoko

Ubuyobozi bwamaze gufata icyemezo cyo kuba bwimuriye bimwe mu byacururizwaga mu Isoko ryo kwa Mutangana muri Gare ya Nyabugogo. Ibi bikazakorwa mu minsi ibiri iri imbere uhereye kuri uyu wa kabiri tariki 31/3/2020 

Mu masoko atandukanye yo hirya no hino mu Mujyi wa Kigali, by’umwihariko mu Karere ka Nyarugenge hakomeje kugaragara ubucucike hagati y’abagura n’abagurisha, ibi bikaba hari abo bitera impungenge ko bashobora kwanduriramo icyorezo cya Covid-19.

Kubahiriza intera ya metero imwe hagati y’abagura n’abagurisha biracyari ingorabahizi. Aha ni mu isoko ryo kwa Mutangana

Muri ayo masoko akomeje kugaragaramo ubucucike no kudahagana intera ya metero imwe hagati y’abagura n’abagurisha  nkuko bisabwa n’amabwiriza ya Minisiteri y’Ubuzima yo kwirinda Covid-19, twavuga nk’ahitwa muri ‘Marathon’ hamwe no mu isoko ryo kwa Mutangana.

Mu rwego rwo gushakira umuti iki kibazo, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge, Ngabonziza Emmy, yabwiye RBA ko hafashwe ingamba zo kwimurira bimwe mu byacururizwaga mu isoko ryo kwa Mutangana muri Gare ya Nyabugogo.

Bimwe byacururizwaga kwa Mutangana bigiye gucuririzwa muri Gare ya Nyabugogo (photo kt)

Yagize ati “Turimo gushaka hirya no hino mu turere aho dushobora kwimurira ibikorwa bimwe na bimwe by’ubucuruzi cyane cyane nk’ibiribwa[…]urugero natanga ni nka hariya kwa Mutangana usanga iteka imodoka zipakurura ibiribwa, usanga nanone ariho hari abantu benshi baturutse impande n’impande baza kurangura ibiribwa bajyana hirya no hino mu makaritsiye.”

Yakomeje ati “Turatekereza ko mu minsi itarenze ibiri turaba twamaze gushyira ibikorwa bimwe na bimwe by’ubucuruzi bw’ibiribwa mu gihe gitoya hariya muri gare ya nyabugogo kuko  uyu munsi wa none itarimo gukoreshwa n’imodoka nyinshi.”

Kugeza ubu mu Rwanda hamaze kugaragara abantu 75 barwaye Coronavirus. Minisiteri y’Ubuzima ikaba isaba abanyarwanda n’abaturarwanda gukomeza kwitwararika nkuko byatangajwe na Leta y’u Rwanda, ingamba zafashwe zigakomeza zigashyirwa mu bikorwa.

Iriba.news.@gmail.com

 

Related posts

Imboga n’imbuto byo mu Rwanda ku isoko rya UAE  

Emma-marie

Gicumbi: Abahinzi b’ingano babuze imbuto

Emma-marie

leta ibereyemo abaturage ideni rigera muri miliyari17 FRW

Emma-Marie

Leave a Comment

Skip to toolbar