Image default
Amakuru

Ingendo z’imodoka rusange hagati y’Umujyi wa Kigali n’izindi Ntara zirabujijwe

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki ya 26 Kanama 2020 yafatiwemo ibyemezo bitandukanye harimo ikivuga ko ingendo z’imodoka rusange hagati y’umujyi wa kigali n’izindi ntara zahagaze.

Mu ngamba zizongera kuvugururwa nyuma y’iminsi 15 uhereye tariki ya 26 Kanama 2020 harimo ivuga ko ingendo mu modoka rusange (public transport) hagati y’Umujyi wa Kigali n’izindi Ntara zihagarikwa, ariko ingendo mu modoka bwite (private transport) hagati ya Kigali n’Izindi Ntara zo zizakomeza ariko hubahirizwa amabwiriza y’inzego z’ubuzima

Mu bindi byemezo byafashwe harimo n’ikivuga ko ingendo zibujijwe guhera saa moya z’ijoro kugeza saa kumi n’imwe za mu gitondo.

Related posts

Abimukira ba mbere baturutse mu Bwongereza bazasesekara mu Rwanda muri uku kwezi

EDITORIAL

Abanyamakuru basabwe kudaceceka igihe bahohotewe

EDITORIAL

Impungenge ku Banyarwanda bashobora kuzisanga mu bushomeri kubera ubwenge bw’ubukorano

EDITORIAL

Leave a Comment

Skip to toolbar