Image default
Mu mahanga

Kenya: Basabwe guhindura amafunguro y’ibanze kubera amapfa

Abanya-Kenya basabwe gushaka ibindi biribwa byo gusimbuza ibigori, mu gihe iki gihugu kirimo guhura n’ubucye bw’iyo ndyo yabo y’ibanze kubera amapfa (izuba ryinshi) akomeje kuharangwa.

Ibiciro biri hejuru by’ifu y’ibigori, mu gihe hari ikibazo cy’ikiguzi cy’imibereho cyazamutse, biri mu by’ingenzi byateje imyigaragambyo y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kenya yatangiye ku wa mbere w’iki cyumweru.

Minisitiri w’ubuhinzi wa Kenya Mithika Linturi ku wa gatatu yabwiye abadepite ko ubucye bw’ibiribwa ku isoko mpuzamahanga burimo gutuma leta igorwa no kugura ibyo binyampeke.

Minisitiri Linturi yagize ati: “Ku bw’ibyo rero nshishikarije Abanya-Kenya kuyoboka umuceri, ibirayi n’ibindi biribwa byo gusimbuza [ibigori]. Twamaze kugura za toni z’umuceri ndetse tuzazana n’izindi mu cyumweru gitaha”.

Yavuze ko afite icyizere ko igiciro cy’ifu y’ibigori kizagabanuka mu minsi 10 iri imbere, ubwo ubwato butwaye za toni z’ibigori n’umuceri buzaba bugeze muri icyo gihugu.

Umufuka w’ibiro (kg) 90 w’ibigori ubu uragurwa amashilingi 5,600 ya Kenya, ni ukuvuga agera ku 46,000 uyavunje mu mafaranga y’u Rwanda.

Ariko ibitangazamakuru byo muri Kenya byatangaje ko icyo giciro gishobora kuzagabanuka cyane ubwo ibigori byatumijwe hanze bizaba bigeze mu gihugu.

Related posts

Kenya: Abaganga b’abashomeri bemerewe kujya gukorera mu Bwongereza

Emma-Marie

Macron ashaka gutsinda umuhezanguni ukomeye ku bya kera Le Pen

Emma-Marie

Tyler Perry: Umuherwe w’Umunyamerika wahaye Meghan na Harry icumbi ‘ku buntu’

Emma-Marie

Leave a Comment

Skip to toolbar