Image default
Politike

Kigali: Mu bahamagara umurongo washyiriweho abafite ikibazo cy’ibiribwa harimo n’abasaba indirimbo

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko umurongo wa telephone utishyurwa washyiriweho abaturage bafite ikibazo cy’ibiribwa uri guhamagarwa cyane ndetse bamwe bakawuhamagara basaba indirimbo.

Tariki ya 6 Mata 2020 ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwashyizeho umurongo wa telephone utishyurwa kugirango umuturage ufite ikibazo cy’ibiribwa muri iki gihe cya Covid-19 ajye awuhamagara afashwe kubona ibyo kurya.

Kuva kuri iyo tariki saa sita z’amanywa, uyu murongo ukora amasaha 24/24 umaze guhamagarwa n’abantu 646, abo mu Mujyi wa Kigali ni 579 abo mu Ntara ni 67.

Umwe mu bakozi b’Umujyi wa Kigali yitaba telephone y’umuturage ufite ikibazo cy’ibyo kurya

Mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali ariko hari abaturage bavuga ko bahamagara iyi numero ntibabashe kuyibona. Nkuko twabitangarijwe na Mukeshimana Benita wo mu Murenge wa Kimisagara. Ati “Guhera ejo narahamagaye biranga ndibaza niba iyo numero baduhaye yaratangiye gukora cyangwa itaratangira.”

Sindikubwayo Damien nawe ati “Nanjye narayigerageje biranga nkumva imeze nkaho hari umuntu uri kuyivugiraho atarangiza.”

“Umurongo urakora, ahubwo urahamagarwa cyane”

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudance Rubingisa yabwiye Iribanews ko uyu murongo kuva watangwa ufunguye, abakozi bashinzwe kwiwitaba bakora amasaha 24/24.

Itsinda ry’abakozi bitaba telephone rikora amasaha 24/24

Ati“Umurongo urakora ahubwo uri guhamagarwa cyane. N’abantu bo mu ntara bari kuwuhamagaraho kandi ari uw’abari ikigali n’abasaba indirimbo n’abihanganisha abandi bari kuwuhamagara niyo mpamvu hari abashobora kuwuhamagara rimwe na rimwe ntibawubona.”

Uyu muyobozi yatanze inama y’uko niba umuntu ahamagaye uyu murongo akumva urimo gukoreshwa yajya ategereza kuko icyo gihe uba uri gukoreshwa n’abandi.

photo:Kigali city

Iriba.news@gmail.com

Related posts

Perezida Kagame yanyomoje abashinja u Rwanda gukoresha ‘Pegasus’ mu kuneka

Emma-Marie

Nyaruguru: RIB yafunze gitifu n’abashinzwe ubuhinzi mu mirenge itatu

Emma-marie

CHOGM 2021: Inama y’abakuru b’ibihugu bigize Commonwealth izebera mu Rwanda muri Kamena 2021

Emma-marie

Leave a Comment

Skip to toolbar