Image default
Politike

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed ari mu Rwanda

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed kuri iki cyumweru tariki 29/8/2021 yatangiye uruzinduko rw’akazi ruzamara iminsi ibiri mu Rwanda.

Image

Akigera ku Kibuga cy’Indege cya Kigali i Kanombe, Abiy Ahmed yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, hamwe n’abandi bayobozi batandukanye.

Image

Abiy Ahamed, yakomereje muri Village Urugwiro aho yagiranye ibiganiro byihariye na Perezida Paul Kagame. Ibi biganiro bikaba byibanze ku mibanire n’ubufatanye bw’ibihugu byombi, akarere, n’ibibazo byugarije Isi yose muri rusange.
Image
Si ubwa mbere Abiye agiriye uruzinduko mu Rwanda kuko mu 2019, yaraje anitabira umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Image
Abiy Ahmed ari mu Rwanda mu gihe Leta ayoboye ihanganye n’abo mu ishyaka Tigray People’s Liberation Front (TPLF) bakomoka mu Ntara ya Tigray mu Majyaruguru ya Ethiopia, iyi mirwano ikaba imaze kugwamo abasaga igihumbi, abandi baturage benshi bakaba baravuye mu byabo mu gihe abasigaye nabo bugarijwe bikomeye n’inzara.
Image
Photo: Village Urugwiro
Iriba.news@gmail.com

Related posts

2024: Igihe amatora ya Perezida n’ay’abadepite azabera cyamenyekanye

Emma-Marie

U Rwanda rwatangaje ko u Burundi nta bushake bufite bwo kuzahura umubano w’ibihugu byombi

Emma-marie

Perezida Xi Jinping w’Ubushinwa arashinja Trudeau wa Canada amazimwe

Emma-Marie

Leave a Comment

Skip to toolbar