Image default
Abantu

Papa Benedigito ararembye

Papa Benedigito wahoze ari umushumba wa Kiriziya Gatorika “Ararembye”. Umushumba wa kiriziya gatorika, Papa Fransisiko uyu munsi kuwa gatatu, yavuze ko, Papa Benedigito arwaye cyane. Abwira abantu muri rusange, Papa Fransisiko yasabye amasengesho yihariye kuri Benedigito.

Mw’itangazo, umuvugizi wa Vatikani, Matteo Bruni yagize ati: “Nshobora kubihamya ko mu masaha make ashize, ubuzima bwe bwagiye busubira inyuma biturutse ku myaka y’ubukure imaze kwigira imbere”. Yakomeje agira ati: “Ubu ibintu biri mu buryo, abaganga bakomeje kumukurikirira hafi”.

Benedict XVI was 'a prophet' of Church's future, Pope Francis tells Malta's Jesuits
Vatikani yavuze ko Papa Fransisiko yagiye kureba Benedigito. Uyu mukambwe w’imyaka 95 yasezeye ku mirimo mu mwaka wa 2013. Mu byo yatanze nk’impamvu, harimo ubuzima bwe bw’umubiri n’ubwo mu mutwe, bwagendaga busubira inyuma. Ni we Papa wa mbere weguye mu myaka 600. Kuva icyo gihe yakomeje kuba mu kigo cy’abihaye Imana ku butaka bwa Vatikani. Mu mafoto yagiye agaragara hanze, Benedigito yabonekaga nk’ufite intege nke.

@VOA

Related posts

Migisha Magnifique appointed as the New Chairperson of the Board for Rwanda Environmental Journalists

EDITORIAL

Covid-19: Abamotari basimbuza amazi umuti wa ‘hand sanitizers’ bashobora kongera ubwandu

Emma-marie

Testimony: A married couple where one partner is HIV positive and the other is HIV negative

EDITORIAL

Leave a Comment

Skip to toolbar