Mu gitondo cyo kuri uyu wa 28 Gicurasi 2021, Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron yasoje uruzinduko rw’iminsi ibiri yagiriraga mu Rwanda.
Tariki 27 Gicurasi 2021, nibwo Perezida Macron yasesekaye ku Kibuga cy’Indege cya Kigali, ari kumwe n’itsinda ayoboye mu ruzinduko rufite amateka hagati y’u Rwanda n’u Bufaransa. Mu gitondo cyo kuri uyu wa 28 Gicurasi, akaba yaherekejwe na Perezida Paul Kagame, akaba akomereje uruzinduko rwe muri Afurika y’epfo.
Mu ijambo rya Macron ryari ritegerejwe na benshi, yavuze ibitarigeze bivugwa n’abandi baperezida b’ u Bufaransa bamubanjirije mu myaka 27 ishize nyuma ya jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, asaba imbabazi abakiriho barokotse jenoside mu Rwanda, yemera ko igihugu cye cyayigizemo uruhare rwa politiki. Ni ibintu bitigeze bikorwa n’undi muperezida w’u Bufaransa mu bamubanjirije bose.
Izindi nkuru wasoma ku ruzinduko rwa Perezida Macron: https://iribanews.rw/2021/05/27/perezida-emmanuel-macron-yageze-mu-rwandaamafoto/
Perezida Macron yasabye imbabazi abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda
Gushyikiriza ubutabera abagize uruhare muri Jenoside bidegembya mu Bufaransa byahawe umurongo
Patriots yegukanye intsinzi mu mukino warebwe na Kagame na Macron
Iriba.news@gmail.com