Image default
Amakuru

RIB yataye muri yombi abacuruza ubuki butujuje ubuziranenge

Ubutumwa urwego rw’Igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rwanyujije ku rukuta rwa Twitter kuri uyu wa 19 Werurwe 2021, buravuga ko bamwe mu bacuruza ubuki butujuje ubuziranenge batawe muri yombi.

Image

Ubwo butumwa buragira buti “Nyuma yo kumenya ko hari ubuki bucuruzwa mu Rwanda butujuje ubuziranenge, RIB ifatanyije na Polisi y’Igihugu ndetse n’ikigo cy’Igihugu gushinzwe ibiribwa n’imiti (RFDA) imaze iminsi ibiri mu gikorwa cyo guhiga no gufatira ubuki butujuje ubuziranenge ndetse n’ababucuruza.

RIB iraburira abantu bose bakora cyangwa bacuruza ibikoresho, ibiribwa n’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge kubireka kuko bigira ingaruka mbi ku buzima bw’abantu kandi bihanwa n’amategeko.

RIB iranakangurira abaturarwanda kujya bayitungira agatoki ahari ibicuruzwa ibyo aribyo byose bitujuje ubuziranenge”.

Image

Related posts

Abagore bafite Ibinyamakuru mu Rwanda mu rugamba rwo kurwanya ihohoterwa

Emma-marie

10 Stunning All-inclusive Resorts in the Maldives

Emma-marie

Abadepite bababajwe n’imvugo y’Umuyobozi wa RAB

EDITORIAL

Leave a Comment

Skip to toolbar