Image default
Amakuru

RIB yataye muri yombi abacuruza ubuki butujuje ubuziranenge

Ubutumwa urwego rw’Igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rwanyujije ku rukuta rwa Twitter kuri uyu wa 19 Werurwe 2021, buravuga ko bamwe mu bacuruza ubuki butujuje ubuziranenge batawe muri yombi.

Image

Ubwo butumwa buragira buti “Nyuma yo kumenya ko hari ubuki bucuruzwa mu Rwanda butujuje ubuziranenge, RIB ifatanyije na Polisi y’Igihugu ndetse n’ikigo cy’Igihugu gushinzwe ibiribwa n’imiti (RFDA) imaze iminsi ibiri mu gikorwa cyo guhiga no gufatira ubuki butujuje ubuziranenge ndetse n’ababucuruza.

RIB iraburira abantu bose bakora cyangwa bacuruza ibikoresho, ibiribwa n’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge kubireka kuko bigira ingaruka mbi ku buzima bw’abantu kandi bihanwa n’amategeko.

RIB iranakangurira abaturarwanda kujya bayitungira agatoki ahari ibicuruzwa ibyo aribyo byose bitujuje ubuziranenge”.

Image

Related posts

Ibyasaga n’ibidashoboka byakozwe n’Inkotanyi u Rwanda rwongera kugira ijambo rikomeye mu mahanga-Gen. Maj Bayingana

Emma-Marie

Igihe kirageze ngo ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa abari n’abategarugori kiranduke burundu-Jeannette Kagame

Emma-Marie

Iki ni igihe cyo gukira ibikomere muri Amerika-Perezida Joe Biden

Emma-marie

Leave a Comment

Skip to toolbar