Image default
Amakuru Politike Ubutabera

Ubushinjacyaha bwasabye ko Félicien Kabuga avanwa mu Bufaransa

Ubushinjacyaha bw’urukiko rw’umuryango w’abibumbye bukurikirana ibyaha uyu munsi bwasabye urukiko ko Kabuga Felisiyani ava mu Bufaransa akoherezwa muri gereza y’uru rukiko.

Kabuga, uregwa ibyaha bya Jenoside, uyu munsi yagejejwe mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa hafi y’aho yafatiwe kugira ngo haburanwe ku kumwimurira ahandi.

Nibwo bwa mbere yari abonetse mu ruhame mu myaka irenga 20 ishize, yari yicaye mu igare ry’abamugaye, yambaye ipantaro ya ‘jeans’, umupira wo kwifubika w’ubururu n’agapfukamunwa.

Kabuga yavuze gusa yemeza ko umwirondoro wasomwe ari uwe nk’uko bivugwa na Reuters

Serge Brammertz umushinjacyaha w’urwego rwasigaye rurangiza imirimo yasizwe n’urukiko mpuzamahanga rwa Arusha yatangaje ko Kabuga yafashwe bisabwe n’uru rwego bityo ko ari rugomba kumufunga.

Kabuga w’imyaka 84 yafashwe kuwa gatandatu mu gitondo mu nzu ntoya yari acumbitsemo, abatuye hafi aho batangaje ko ari umusaza wabagaho mu ibanga, utavugishaga abantu kandi wari urwaye.

Abunganizi mu mategeko ba Kabuga ejo basohoye itangazo rivuga ko batifuza ko hari ahandi yoherezwa. Biteganyijwe no mu iburanisha rya none bashimangira ibi.

Related posts

Perezida Kagame yavuze ku cyerekezo 2050 aho Umunyarwanda azaba yinjiza nibura miliyoni zirenga 12 ku mwaka

EDITORIAL

Icyangombwa cy’ubutaka kigiye kujya gitangirwa ku IREMBO

EDITORIAL

Ubushinjacyaha bwavuze ko abaganga basanze Jay Polly na bagenzi be barasabitswe n’urumogi

EDITORIAL

Leave a Comment

Skip to toolbar