Image default
Politike Ubutabera

Col. Tom Byabagamba aracyekwaho ruswa no gushaka gutoroka gereza

Colonel Tom Byabagamba, ibyaha yakoreye muri gereza agiye kongera kugezwa imbere y’ubutabera.

Ibyo byaha akekwaho birimo gushaka gutanga ruswa no kugerageza gutoroka Gereza, nk’uko itangazo Iribanews ikesha Ingabo z’u Rwanda (RDF) ribivuga.

Ibyo byaha bindi akurikiranyweho biravugwa ko hari abagerageje kubimufashamo b’imbere muri Gereza no hanze, byose bikaba bikirimo gukorwaho iperereza.

Colonel Tom Byabagamba yatawe muri yombi tariki 24 Kanama 2014. Ku itariki 27 Ukuboza 2019, urukiko rw’Ubujurire rwamukatiye imyaka 15 y’igifungo no kwamburwa amapeti ya gisirikari.

Ni nyuma yo kumuhamya ibyaha birimo icyaha cyo kwangisha abaturage ubutegetsi; kwangiza isura y’Igihugu na Guverinoma nk’umuyobozi; guhisha nkana ibimenyetso bishobora gukumira icyaha no gusuzugura ibendera ry’Igihugu.

RDF irizeza buri wese ko ubutabera buzatangwa mu mucyo kandi ko itazihanganira uwo ari we wese wica amategeko, imyitwarire n’indangagaciro bya RDF.

iriba.news@gmail.com

Related posts

Umushinjacyaha Brammertz asanga Kabuga akwiye koherezwa mu Rwanda

EDITORIAL

Muri ibi bihe hari abakozi batemerewe kujyana imodoka mu kazi kubera ubwinshi bwazo

Emma-marie

Sankara yashyize mu majwi Perezida wa Zambia gutera inkunga umutwe wa FNL

Emma-marie

Leave a Comment

Skip to toolbar