Image default
Imyidagaduro

Ideni rishobora kuburizamo igitaramo cya Koffi Olomide

Abamamaza ibitaramo by’umuziki barimo gukangisha kuburizamo igitaramo cyitezwe cyane cy’Umunye-Congo w’icyamamare mu muziki Koffi Olomide, giteganyijwe kuba muri Kenya ku wa gatandatu, kubera umwenda (ideni) wo mu 2016.

Koffi Olomide set to thrill Kenyans at Kasarani indoor arena concert

Nsana Productions, abo bamamaza ibitaramo by’umuziki, bavuga ko uyu muhanzi wo mu njyana ya rumba, yarenze ku byari bikubiye mu masezerano ajyanye n’igitaramo cyo muri Werurwe (3) mu 2016.

Kubera iyo mpamvu, barashaka ko uyu muhanzi, w’imyaka 67, abasubiza amadolari y’Amerika 65,000 (angana na miliyoni 80Frw).

Mu 2016, Olomide yabujijwe gukora icyo gitaramo asohorwa muri Kenya, ashinjwa gukubita umwe mu babyinnyi be b’abagore.

Amashusho y’ibyabaye icyo gihe ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cy’i Nairobi, yatangajwe ku mbuga za internet, yateje uburakari ku mbuga nkoranyambaga.

Ubu ni bwo bwa mbere uyu muririmbyi asubiye gukorera igitaramo muri Kenya kuva icyo gihe.

Abinyujije ku banyamategeko be, Olomide yizeje abafana be ko icyo gitaramo cyitezwe cyane, cyitiriwe amahoro, kizaba, nubwo hari abo bakangishije kukiburizamo.

Ibitangazamakuru byo muri Kenya byatangaje ko abo banyamategeko bavuze ko ibyo birego by’ideni “nta gaciro” bifite kandi ko nta n’ishingiro bifite.

Uwateguye icyo gitaramo avuga ko nta kizakibuza kugenda neza.

Ku wa gatatu, ubwo yavugiraga ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Jomo Kenyatta International Airport (JKIA), nyuma gato yuko ageze muri Kenya, Olomide yavuze ko yari akumbuye abafana be bo muri Kenya, abizeza igitaramo cy’imbaturamugabo.

Amatike yo kwinjira muri icyo gitaramo aracyagurishwa.

@BBC

Related posts

No Time To Die: Filimi ya nyuma ya Daniel Craig nka James Bond

Emma-Marie

USA:Umuhanzikazi Lady Gaga watumuraga amasegereti 40 y’itabi ku munsi yarivuyeho

Emma-marie

Nshimiye n’ababajwe n’amahitamo ya Jury-Miss Burundi

Emma-Marie

Leave a Comment

Skip to toolbar