Image default
Amakuru Ubuzima

OMS mu nzira yo Kwemeza ko Ebola itakirangwa muri Congo-Kinshasa

OMS yatangaje ko muri iyi minsi 13 ishize nta muntu uheruka kwandura virusi ya Ebola muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo.

OMS ivuga ko igomba gutegereza iminsi 42 ireba ko nta muntu n’umwe wongeye kwandura mbere yo kwemeza ko Ebola itakirangwa muri Congo –Kinshasa.

Inkuru dukesha VOA ivuga ko Ebola yatangiye gukora ibara muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo mu kwezi kwa munani 2018, cyane cyane mu burasirazuba bw’igihugu.

Ni inshuro ya cumi Ebola yibasiranya abanyecongo kuva mu 1976. Yahitanye abantu ibihumbi bibili na 264.

Ni iya kabili mu mateka yishe abantu benshi nyuma y’iyatsembye imbaga y’abantu barenga ibihumbi 11 mu 2014 muri Afrika y’uburengerazuba, cyane cyane mu bihugu bya Liberia, Guinea, na Sierra Leone.

 

Related posts

Ingendo z’imodoka rusange hagati y’Umujyi wa Kigali n’izindi Ntara zirabujijwe

Emma-marie

“Buri bucye hakaba amatora nta na 1000 Frw yari mu bubiko bwa Rayon Sport”

Emma-marie

Rutsiro: Haravugwa insoresore zikubita abaturage zikanabambura

Emma-Marie

Leave a Comment

Skip to toolbar