Image default
Ubukungu

Imboga n’imbuto byo mu Rwanda ku isoko rya UAE  

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’Ubworozi ‘NAEB’ cyatangaje ko uyu mwaka wa 2021, abahinzi bawutangiranye amahirwe yo kohereza ibihingwa byabo ku isoko ryo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu ‘UAE’

Kuri iki cyumweru NAEB, yatangaje ko uyu mwaka utangiranye amahirwe menshi ku bahinzi b’imboga n’imbuto, nyuma y’uko iki Kigo gisinye amasezerano azamara umwaka na kompanyi y’ubucuruzi yitwa Carrefour, yo muri Leta Zunze Ubumwe z’abarabu.

Iri soko rishya ku bahinzi n’abohereza imboga n’imbuto hanze rizibanda ku matunda, imineke (gros michel), inanasi na avoka. Kuri iki cyumweru hakaba hoherejwe avoka n’amatunda.

Isoko rya Carrefour rikorera mu bihugu 30 mu burasirazuba bwo hagati, Africa na Asia. Rikoresha ububiko bugera kuri 320 hirya no hino ku isi, rigacuruza ku bakiliya barenga 750,000 ku munsi.

“Turashimira Ambassade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu ku ruhare runini bagize mu kwesa uyu muhigo. Iri soko rizafasha abahinzi bato, abacuruzi n’abohereza ibikomoka ku buhinzi hanze ndetse n’igihugu muri rusange gukomeza kwiteza imbere”.

NAEB yatangaje Ambasade y’u Rwanda muri UAE ikomeje gufasha abacuruzi bo mu Rwanda isoko mu bihugu by’Abarabu, by’umwihariko guhera mu 2019 ubwo aya masezerano yatangiraga kuganirwaho.

Bikaba byitezwe ko ubwo bufatanye bw’abacuruzi nyarwanda muri UAE buzagira uruhare rukomeye mu guteza imbere abahinzi b’imbuto mu Rwanda, aboherezaibicuruzwa mu mahanga ndetse n’ubukungu bw’Igihugu muri rusange.

iriba.news@gmail.com

 

Related posts

Minisitiri Cyubahiro Bagabe yabwiye abaturage ibanga bakoresha bagakirigita ifaranga mu buhinzi

EDITORIAL

2019-2020: “Umutungo wa Leta wanyerejwe waragabanutseho, ariko haracyarimo ikibazo” 

EDITORIAL

MINAGRI yashimye uruhare rw’abahinzi n’aborozi mu gutunga Abanyarwanda

EDITORIAL

Leave a Comment

Skip to toolbar