Imirwano yongeye kubura mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo hagati y’imitwe ishyigikiye ingabo za leta, ku ruhande rumwe, n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23, ku rundi ruhande.
Abahatuye bavuga ko kuva ku wa gatandatu inyeshyamba zafashe umujyi wa Kitshanga mu ntara ya Kivu ya Ruguru.
Radio yo muri ako gace yatangaje ko abantu benshi bajyanwe mu bitaro bafite ibikomere byatewe n’amasasu.
Ukora mu rwego rw’umutekano utifuje gutangazwa izina yabwiye ibiro ntaramakuru AFP ati: “Inyeshyamba ziri i Kitshanga kandi turimo kugerageza kubona uburyo bwo kwisubiza umujyi.”
@BBC